Ikigega nterankuga ku mishinga iciriritse
Muri Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’ Amerika-Kigali
Dufasha Abagerageza kwifasha
Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda ifite ikigega gitera inkunga imishinga iciriritse mu rwego rw’ubwisungane mu mashyirahamwe agamije guteza imbere abanyamuryango bayo. Kugira umushinga wemerwe, abagize ishyirahamwe bagomba kwerekana uruhare rwabo mu bikorwa bigamijwe n’umushinga: umurimo w’amaboko w’abanyamuryango, umugabane w’amafaranga bashobora gukusanya, cyangwa se ikindi kintu gifatika cyaherwaho mu kugera ku ntego umushinga ugamije. Ishyirahamwe rigomba kwerekana ko umushinga uzarangira mu gihe cy’umwaka umwe cyangwa se ntunagereho; kandi ko ibikorwa bizabyara umusaruro uzaramba. Urugero: ambasade iteye inkuga ishyirahamwe mu kugura igikoresho mfashanyigisho mu guhugura abantu. Icyo gikoresho kiramutse cyangiritse, .ni nde uzishingira imirimo yo kugisana? Inyungu y’amafaranga ivuye mu mirimo yakoreshejwe icyo gikoresho igomba gushyirwa kuri konti rusange y’abanyamuryango kugira ngo bose ibateze imbere, ntawe uhejwe.
Imishinga yakirwa kuwa gatanu wa nyuma wabuli kwezi kuva saa yine kugeza saa sita, ariko umuhango wo gutanga inkunga ku mishinga yemewe, uba rimwe mu mwaka, mu kwezi kwa gatandatu (Kamena).
Imishinga rero twibandaho cyane ni iy’amashyirahamwe agamije gukemura ikibazo gihuriweho n’abantu benshi. Imishinga igamije gukemura ikibazo cy’umuntu ku giti cye cyangwa umuryango umwe gusa, ntiyemerwa. Imishinga ishobora kubyara inyungu cyangwa yateza imbere abatuye aho izakorerwa yitabwaho by’umwihariko. Ingero z’imishinga yagize akamaro ni iyerekeranye n’amahugurwa, ubuhinzi n’ubworozi bwa kijyambere, kugura ibikoresho mu mashuli y’imyuga. Inkunga itangwa ku mushinga ntishobora kurenza miliyoni eshanu z’amafaranga y’u Rwanda. Ariko kugeza ubu, inkunga ku imishinga yemewe iri hasi y’uwo mubare ntarengwa. Twishimira kwakira Imishinga iciriritse, ni nayo ikunze kubona inkunga.
Ikigega Dufasha Abagerageza kwifasha ntigitera inkunga abagamije kugura cyangwa gukora bimwe muri ibi bikurikira:
1. Kugura imodoka, ibyuma byerekana amafilimi, ibyuma by’umuziki, mudasobwa, ibyuma bifotora impapuro n’ibindi nk’ibyo..
2. imishinga iteza imbere amadini, umuco, imyidagaduro, cyangwa imirimo ya gipolisi na gisirikari
3. Imishinga y’ubucuruzi igamije guteza imbere inyungu z’abantu ku giti cyabo bwite
4. Imishahara cyangwa guhemba ba nyakabyizi
5. Imishinga ifashwa n’indi miryango nterankunga cyangwa izindi ambasade;
6. Imishinga izakenera indi nkunga
7. Imishinga isaba ifumbire mvaruganda cyangwa yica udukoko
UKO GUSABA INKUNGA BIKORWA:
Buri mwaka, Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yakira umubare w’ imishinga irenze ubushobozi ifite. Ubundi ingengo y’imari iba yarateganijwe buri mwaka, ishobora gutera inkunga imishinga iri hagati y’icumi na cumi n’itanu, gusa., kandi twakira irenze magana abiri. Niyo mpamvu duhitamo gusa imishinga ifite intego zihuye n’izi kigega. Iyo umushinga usuzumwe bakabona wujuje ibisabwa, umwe mu bakozi b’Ambasade asura aho uzakorerwa na banyirawo kugirango bungurane ibitekerezo ku buryo uzakorwa n’ibikenewe byose. Niyo mpamvu ari ngombwa komeka ku mushinga, karita y’aho hantu kugira bazashobore kuhagera bitagoranye.
Ariko gusurwa kw’ umushinga, ntibivuga ko uba wemerewe inkunga. Buri mwaka barobanura imishinga myiza, igashyikirizwa intenko igizwe n’abantu bemeza burundu imishinga y’ingenzi izahabwa inkunga. Rero, imishinga mike mu yasuwe niyo ihabwa inkunga.
Kubera ko Ikigega Dufasha Abifashije gihitamo imishinga izahabwa inkunga rimwe mu mwaka gusa, bishobora gufata igihe kirekire kugirango uwatanze umushinga amenye icyemezo cyawufatiwe. Tubiseguye rero kandi tubasabye kubyihanganira. Twifuza kandi ko mwageza ku bashinzwe iki kigega impinduka zishobora kuza mu mushinga mwatanze, muri icyo gihe mugitegereje icyemezo cya nyuma.
UKO UTEGURWA
Imishinga yakirwa buri gihe cyose cy’umwaka. Ariko iyakiriwe yuma y’ubyumweru bibiri bya nyuma by’ ukwezi kwa kane, ishobora kudasurwa ngo isuzumwa maze iterwe inkunga muri uwo mwaka. Muri icyo gihe yimurirwa umwaka ukurikiyeho. Urugero, imishinga yakiriwe mu byumweru bya nyuma by’ukwa kane 2006, ishobora kutazabona igihe cyo gusurwa gihagije ngo ishobore guhabwa inkunga mu 2007. Ihitamo ryanyuma rizaba muri Kamena 2007.
Utanga kopi ebyiri z’umushinga usaba inkunga. Dore bimwe mu bibazo ugomba gusubiza neza mu magambo avunaguye ukoresheje invugo itaziguye. Mushobora kwongeraho ibindi bisobanura mubona byafasha kunvikanisha umushinga. Igitekerezo cyose cyatuma ibigamijwe mu mushinga byunvikana ni byaba byiza kucyongeraho
Umushinga ugomba kuba ugizwe ni ibi kikurikira:
UKO UMUSHINGA UTEYE:
1. Izina
2. Aho uzakorerwa (umudugudu, umurenge, umugi, Akarere, intara)
3. Abakuriye umushinga:
a. Ishyirahamwe cyangwa se abantu batuye hamwe. Izina ry’iryo shyirahamwe/umudugudu, agasanduka k’iposita na telefone. Niba mutagira agasanduka k’iposta , mushyireho telefone y’umuntu twanyuzaho ubutumwa bukabageraho vuba. Muramutse muhinduye agasanduka k’iposita cyangwa telefone, musabwa kubitumenyesha vuba.
b. Gutanga ishusho ry’ishyirahamwe, ikigo cyangwa umuryango: riteye rite? Ryatangiye ryari? Abanyamuryango ni bangahe? Bahura kangahe? Ibikorwa mukora muri iki gihe ni ibihe?
c. Ishyirahamwe cyangwa umuryango wanyu waba warasabye cyangwa warahawe inkunga na Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ikigo cya USAID cyangwa abandi baterankunga mu myaka itanu ishize? Ishyirahamwe ryanyu ryaba rifite indi muri iki gihe?
d. Amazina, telefoni n’agasanduka k’iposita k’ ukuriye ishyirahamwe: karita y’aho mutuye irakenewe. Muramutse mufite umuntu I Kigali uzi neza umushinga wanyu n’akarere mutuyemo kandi akaba yashobora kuduha ibisobanuro bihagije kuri uwo mushinga, mwashyiraho amazina ye, telefoni n’agasanduka k’iposita bye.
e. Uko umushinga uteye: gusobanura ibikorwa ugamije n’uko uzabafasha gukemura ibibazo muhura nabyo. Tanga ibisonanuro ugusha ku ntego nyayo y’umushinga, uko umushinga ungana n’aho uzakorerwa.
4. Igihe umushinga uzafata ngo ube urangiye neza
5. Umubare w’abantu uzagirira akamaro
6. Uruhare rw’ abanyamuryango muri uwo mushinga: inkunga y’ amafaranga, umurimo w’amaboko cyangwa ibindi batanga bikaba ifatizo ry’umushinga). Tanga ikigereranyo mu mu faranga y’U Rwanda.
7. Umushinga ugamije kubyara inyungu? Ingana ite? Ni nde uzakurikirana uko izo nyungu zinjira n’uko zizakoreshwa?
8. Ni iki kimaze gukorwa ku mushinga kugeza ubu? Ni nde ugikora? Hasigaye gukorwa ibingana iki?
INGENGO Y’IMARI Y’UMUSHINGA
1. Tanga imbonerahmwe y’ ingengo y’imari y’umushinga. Mu bice bigize iyo mbonerahamwe werekana ibisabwa ikigega Dufasha Abifashije, n’uruhare rw’abanyamuryango.
Turifuza kubamenyesha ko inkunga yemewe idahita ihabwa umushinga. Ahubwo mubanza kwerekana urupapuro rw’ibiciro mwahawe n’uzakora umurimo runaka cyangwa umucuruzi ufite ibikoresho runaka mwasabye, maze mukabona guhabwa amafaranga. Amafaranga yemerewe umushinga atangwa mu byiciro bitatu mu gihe kiri hagati y’ amezi atandatu n’umwaka.
2. Mumaze gutanga amafaranga angana iki kuri uwo mushinga?
3. Hari indi nkunga yaba iy’ andi mashyirahamwe cyangwa iy’ ibigo bya leta mwaba mubona muri iy’umushinga? Vuga uko iteye niba ihari.
AMAFARANGA ASABWA AMBASADE YA LETA ZUNZE UBUMWE Z’AMERIKA:
Umubare mu mafaranga y’ u Rwanda
4. Igihe umushinga uzafata ngo ube urangiye neza
5. Umubare w’abantu uzagirira akamaro
6. Uruhare rw’ abanyamuryango muri uwo mushinga: inkunga y’ amafaranga, umurimo w’amaboko cyangwa ibindi batanga bikaba ifatizo ry’umushinga). Tanga ikigereranyo mu mu faranga y’U Rwanda.
7. Umushinga ugamije kubyara inyungu? Ingana ite? Ni nde uzakurikirana uko izo nyungu zinjira n’uko zizakoreshwa?
8. Ni iki kimaze gukorwa ku mushinga kugeza ubu? Ni nde ugikora? Hasigaye gukorwa ibingana iki?
UMUKONO W’UHAGARIYE UMUSHINGA N’ABATEGETSI MU NZEGO Z'AKARERE, CDC CYANGWA INTARA:
Uhagariye umushinga niwe uwushyiraho umukono. Yarangiza, akawushyikiriza Meya w’Akarere cyangwa umwungirije nawe ashyiraho umukono. Umuyobozi w’intara nawe ashobora gusimbura abo tumaze kuvuga. Iyo ibyo birangiye ufotoza umushinga, ugasigara kopi maze ukawohereza muri Ambasade kuri aderisi ikurikira:
Umuhuzabikorwa, Ikigega Dufasha Abagerageza kwifasha
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Kigali
Agasanduka k’iposita 28
Kigali
Niba mwifuza ibindi bisobanuro, mwabaza uwitwa :
Victoria Golbus
Umuhuzabikorwa w’ikigega Dufasha Abagerageza kwifasha
Telefoni: 505602, ext. 3258
Icyitonderwa: ntimwibagirwe gushyiraho karita y’akarere k’aho umushinga uri.